UKO AMAZINA Y’AMANYARWANDA AGARAGAZA AMATEKA
Nk’uko nabikomojeho rero imiryango nyarwanda yabaga yarabayeho ku buryo butandukanye
Burya amazina y’amanyarwanda yabaga afite impamvu nyinshi n’ibisobanuro
Ingero zihari ni nyinshi ariko umuntu yavuga kuri zimwe nazimwe:
-Amazina agaragaza umwanya umwana yavutse mo tuvuge nk’imbyaro ya mbere cyangwa abana b’imfura (IRIZA, NYIRAMARIZA ,KARIZA…)
-Amazina iyo uwamubanjirije yabaga yaritabye Imana (MURAMIRA…)
-Amazina y’abana bavuka ku mwanya wa karindwi(NYANDWI)
-Amazina y’abana bavuka ku mwanya wa munani(KANANI,NYIRAKANANI ,NYIRAMINANI….)
-Amazina y’abana bavutse ku mwanya wa cyenda (NYABYENDA)
-Amazina y’abana bavutse ku mwanya wa cumi(MACUMI)
-Abana bakurikiye abana benshi(MISAGO)
-Abana bavutse abamubanjirije baritabye Imana (GASIGWA)
Si ibyo gusa amazina yabaga afite ibyiciro bitandukanye twavuga :
-Amazina y,ubutwari(TURATSINZE .NDABAGA….)
-Kwfuriza umwana kuzatunga inka nyinshi (GASHUMBA)
-Ayerekana ko bizera Imana (HAKIZIMANA, HAKORIMANA, BIZIMANA…)
-Ayerekana ubwoko(GATWABUYENGE,SAGATWA,SEMUTUTSI,SAGAHUTU,GAHUTU )Aha icyo nakongeraho si ngombwa ko yagombaga kuba umutwa ngo yitwe sagatwa cyangwa umuhutu ngo yitwe Gahutu cyangwa umututsi ngo yitwa Gatutsi
-Avuga igihe bavukiye (MAJORO, SEMAJORO)
-Avuga abavutse ba se cyangwa ba nyina bari i safari (SAFARI, NYIRASAFARI….)
-Avuga uko ibihe byaribimeze(SAMVURA-hagwa imvura SEMIYAGA -hari umuyaga )
-Avuga aho bavukiye (SEMASAKA)yavukiye mu murima w’amasaka
-Avuga kubaho no kuramuka(HAGUMA,MBONABUCYA)
-Agaragaza ubutegetsi buriho (NDIKUMWAMI, NKUNZUWIMYE, NDIBWAMI, MUKAPEREZIDA)
-Agaragaza ko umwana bifuza ko azaba intwari(RWABIGWI,RWESINGIMBI,MACUMU)
-Agaragaza ko abantu baturanye batabanye neza (MBARIMOMBAZI, SIBOMANA, NTAHONTUYE, SIKUBWABO, BIHOYUBUSA, NTAKABURIMVANO, MWIRABUMVA…)
Habagaho amazina y’amahimbano bitaga umuntu ukuze nko ku mwaduko w’abazungu bakamwita nk’izina badashaka ko arimenya bakarivugana hagati yabo gusa banarivuga ntamenye ko ari we bavuze warisesengura ukumva ko uwo muzungu cyangwa umwarimu kw’ishuri yabakandamizaga(NYAMUNIGA-umugome MUDONDOZI-ko agenzura cyane
Abanyarwanda bitaga amazina menshi atandukanye ariko ntibyababuzga gutira no mu mahanga burya hari abari bafite mazina y’amahima akomoka i Bugande cyanwa y’abakongomani akomoka muri congo bikerekana ko babanaga n’abo banyamahanga cyangwa ko batemberaga
Uko rugenda rutera imbere usanga abantu ku mazina yabo bagenda bayongera ho imyuga yabo yaba ari nko mu bantu batamuzi bakamubaza uko yitwa akavuga urugero a ngo :”Nitwa Docteur Bosco”Kubera ko ari muganga cyangwa se ngo Nitwa Ambassadeur Olivier…twageze aho abantu batagitinya kwita abana amazina yombi y’amazungu.Ugasanga umuntu yitwa Vainqueur Alphonse cyangwa Jean Jacques Bosco
Ni uko byagiye bihinduka kugeraho n’aho ingoma ya cyami ihinduwe iya Repubulika abana bagahabwa amazina y’ubutegetsi buriho bifuza ko ababana babo bazabo nkabo amazina nka (KAYIBANDA ,HABYARIMANA KANYARENGWE KAGAME) abana benshi bagiye bayahabwa
Ubundi habaho amazina bita utubyiniriro na n’ubu aracyariho yerekana ukuntu ateye cyangwa uko yahoze ari umwana
MUGONGOMUGALI (Umuntu munini) MAFUTI-yarakubanaga cyane
Mu gutebya hariho andi mazina ahabwa abana twakwita ko ari nk,incyuro umubyeyi w’umugabo yabaga ameze nk’ucyurira uwo bashakanye:
MBWAYAHANDI, JYAMUBANDI, NKUNDIBIZA ngo ni amazina abagabo bita abana bavutse ariko umugore yaramuciye inyuma umugabo agasanga nta yandi mahitamo Agomba kubarera
Naho MUKAGATARE RWASUBUTARE (ngo ni amazina abagabo baha abana babo ngo barasanze ibintu bitameze neza)
Kera umwana yamenyaga izina rye aho rituruka kubera ko babaga bataramye bagaca imgani bakavuga ibisakuzo ubu ngubu ntabwo ariko bikimeze umuco warahindutse cyane .Muri make rero iyo usesenguye amazina y’ikinyarwanda uhita usoma mo amateka y’u Rwanda kuva ku ngoma ya cyami ugahita usobanukirwa n’uko umuryango nyarwanda wabagaho n’imibanire yawo.
